URUKIKO RWISUMBUYE RWA NYARUGENGE RURI I

Transkrypt

URUKIKO RWISUMBUYE RWA NYARUGENGE RURI I
URUKIKO RWISUMBUYE RWA NYARUGENGE RURI I NYARUGENGE
RUHABURANISHIRIZA IMANZA Z’INSHINJABYAHA KU RWEGO RWA
MBERE RUKIJIJE URUBANZA RP 0883/09/TGI/NYGE NONE KU WA
04 UKWAKIRA 2010 KU BURYO BUKURIKIRA:
HABURANA ;
UBUSHINJACYAHA
NA
1) Habimana Jean Baptiste mwene Munyeshya na Nyirabandora
wavutse mu 1980 mu Mudugudu wa - mu Kagari ka - mu
Murenge wa - mu Karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba,
akaba abarizwa mu Mudugudu wa - mu Kagari ka - mu Murenge
wa Niboye mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali,
umunyarwanda, washakanye na -; ukora akazi -, atunze -; nta
bundi yigeze gukurikiranwa bizwi n’amategeko
2) Ngirabakunzi Emmanuel mwene Ntakirutimana na Ndagijimana
wavutse mu 1979 mu Mudugudu wa - mu Kagari ka - mu
Murenge wa - mu Karere ka Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo,
akaba abarizwa mu Mudugudu wa - mu Kagari ka - mu Murenge
wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali,
umunyarwanda, washakanye na -; ukora akazi -, atunze -; nta
bundi yigeze gukurikiranwa bizwi n’amategeko
ICYAHA
BAKURIKIRANYWEHO:
gukora
no
gukoresha
inyandikompimbano biteganywa kandi bigahanishwa ingingo za 202
na 204 CP
I. IMITERERE Y’URUBANZA
1. Habimana na Ngirabakunzi bakurikiranyweho n’Ubushinjacyaha
ku cyaha cyo gukora no gukoresha inyandikompimbano,
Ubushinjacyaha bukavuga ko uwitwa Nshutininka yafashwe na
“Traffic Police” afite “contravention” n°39757 yari yarahawe
Ngirabakunzi akajya ayigenderaho atwaye imodoka kandi ari
impimbano, kuko yari iteyeho “cachet” itari iya “traffic police”,
Habimana kandi yanafatanywe n’indi “contravention” ndetse
n’indi “permis de conduire” na byo by’ibihimbano
URUBANZA RP 0883/09/TGI/NYGE
Habimana Jean Baptiste na Ngirabakunzi Emmanuel
2/4
2. Abaregwa bemera icyaha buri wese aregwa bakagisabira
imbabazi bakanasobanura uko bakoze ibyaha baregwa
II. ISESENGURA RY’IBIBAZO
1. Ku byerekeye iyakira ry’ikirego
Nta
mpamvu
urukiko
rubona
cy’Ubushinjacyaha kigasuzumwa
ibuza
2. Ku
byerekeye
icyaha
inyandikompimbano
gukora
cyo
kwakira
no
ikirego
gukoresha
Habimana yemera ko ubwo yari umupolisi yatanze “contravention”
y’impimbano ngo yifashishwe ijye igenderwaho n’udafite uruhushya
rwo gutwara ibinyabiziga kandi ayitanga ahawe ruswa mu buryo
budakwiye, na ho Ngirabakunzi yemera ko yagiye gushaka Habimana
ngo amuhe “contravention” yo kwifashisha ngo ajye ayigenderaho,
atwaye imodoka, ibyaha baregwa rero bikaba bibahama nk’uko
ingingo ya 110 y’Itegeko n°15/2004 ryo ku wa 12/06/2004 ryerekeye
ibimenyetso mu manza n’itangwa ryabyo ibiteganya, ibyo Me
Kadage wunganira Ngirabakunzi avuga rero ko Ngirabakunzi nka
“convoyeur” ngo atari kumenya ko “contravention” ahawe ari
impimbano si ukuri kuko Ngirabakunzi yivugira ko yagiye kureba
Habimana ari cyo agamije
3. Ku byerekeye guhanwa
Nta mpamvu urukiko rubona yabuza ko Habimana na Ngirabakunzi
bahanirwa ibyaha bibahama
4. Ku byerekeye ibihano byasabwe n’Ubushinjacyaha
Ubushinjacyaha bwasabye ko Habimana na Ngirabakunzi bahanishwa
igifungo cy’imyaka 10 buri wese, Habimana yasabye kugabanyirizwa
kuko ibyo yakoze yabitewe n’ubukene kuko ngo yari amaze gupfusha
umubyeyi kandi asigaranye abana arera, bikaba bitakwemerwa kuko
nk’uko Ubushinjacyaha bwabivuze, kuba Habimana yarafatanwe
“contravention” irenze imwe y’impimbano ndetse na “permis de
URUBANZA RP 0883/09/TGI/NYGE
Habimana Jean Baptiste na Ngirabakunzi Emmanuel
3/4
conduire” na yo y’impimbano, ni uko yari yaragize bene ibi byaha
akamenyero kandi akabivanamo amafaranga nk’uko dosiye
igaragaza ko Ngirabakunzi yari yamuhaye 120 000 frw. Kuba kandi
yarabikoraga ari umupolisi na byo byitabweho mu kumugenera
igihano kuko ari impamvu nkomezacyaha nk’uko biteganywa
n’ingingo ya 203 CP, ariko kandi ahabwe amahirwe yo
kugabanyirizwa ibihano ku mpamvu y’uko gusa ari nta bundi yigeze
akurikiranwa, ngo bibe byaragaragaye ko amaze guhanwa yaba
yarananiwe kugororoka kuri bene ibi byaha, bityo ahanishwe
gufungwa imyaka itatu (03)
Na ho Me Kadage wunganira Ngirabakunzi yavuze ko uregwa yemera
icyaha akaba yagabanyirizwa hagakurikizwa ingingo za 81; 84; 97 na
208 al 3 CP
Icyo urukiko ruvuga akaba ari uko ziriya ngingo zitakurikizwa kuko
zidahuye n’uko ikibazo kimeze, iya 81 CP ntiyahabwa agaciro kuko
irebana n’ubusembure, kandi bukaba butagaragarijwe urukiko, na
ho iya 84 na 208 al 3 CP zirebana n’ibyaha bikomeye (délit) kandi
icyo ubushinjacyaha bwaregeye aha ni icyaha cy’ubugome (crime)
nk’uko bigaragazwa n’ingingo za 202 na 204 CP kandi tukaba ari nta
mpamvu yo kubyita ukundi ngo bigabanyirizwe ubukana.
Isubikagihano riteganywa mu ngingo ya 97 CP na ryo ntituryemera
kuko tutabona impamvu yaryo. Cyakora kuko uregwa yemera icyaha
akagisabira imbabazi akanavuga uko yagikoze hakurikizwa ingingo
ya 35 CPP igihano cy’igifungo cy’imyaka 10 cyasabwe
n’Ubushinjacyaha kikagabanywa mo kabiri ubwo bikaba imyaka
itanu (05), na none kandi kubera ko ari ubwa mbere agwa mu cyaha
bikaba ari nta ho byagaragariye urukiko ko icyaha nk’iki yananiwe
kukigororokaho nyuma yo guhanwa, yakongera agahabwa amahirwe
yo kugabanyirizwa hashingiwe ku ngingo ya 82 na 83 CP bityo
agafungwa umwaka umwe
III. ICYEMEZO CY’URUKIKO
5. RWEMEJE ko ikirego cy’Ubushinjacyaha cyakiriwe kandi kimaze
gusuzumwa kikaba gihawe ishingiro
URUBANZA RP 0883/09/TGI/NYGE
Habimana Jean Baptiste na Ngirabakunzi Emmanuel
4/4
6. RWEMEJE ko icyaha cyo gukora no gukoresha inyandikompimbano
gihama Habimana na Ngirabakunzi kandi bakagihanirwa
7. RUHANISHIJE Habimana igifungo cy’imyaka itatu (03)
8. RUHANISHIJE Ngirabakunzi igifungo cy’umwaka umwe (01)
9. RUTEGETSE Habimana na Ngirabakunzi ko bafatanya kwishyura
amagarama y’urubanza angana na 14 550 frw
NI UKO RUKIJIJWE KANDI RUSOMEWE MU RUHAME NONE KU WA
04/10/2010 MU RUKIKO RWISUMBUYE RWA NYARUGENGE,
RUGIZWE NA MBARUSHIMANA M. Laetitia, UMUCAMANZA, NA
UWIMANA Libératha, UMWANDITSI
INTEKO
UMUCAMANZA
MBARUSHIMANA M. Laetitia
SE/
UMWANDITSI
UWIMANA Libératha
SE/

Podobne dokumenty