tariki ya 31 Gicurasi kugeza 05 Kamena 2014

Transkrypt

tariki ya 31 Gicurasi kugeza 05 Kamena 2014
Inyandiko Nsobanurampamvu
ICYUMWERU CYAHARIWE KWITA KU BIDUKIKIJE MU RWANDA
(tariki ya 31 Gicurasi kugeza 05 Kamena 2014)
UMUNSI MPUZAMAHANGA W’IBIDUKIKIJE (tariki ya 05 Kamena 2014)
Insanganyamatsiko:
“Rangurura Ijwi Duhangane n’Ingaruka z’Imihindagurikire y’Ibihe, Amazi Atararenga Inkombe”
“Raise your voice, Not the sea level”. /“Elevez Votre Voix, Pas le Niveau de la Mer”
1. INTANGIRIRO
Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije wizihizwa buri mwaka tariki ya 05 Kamena . Uwo munsi
washyizweho n’ Umuryango w’Abibumbye mu mwaka wa 1972, akaba ari imwe mu nzira uwo
muryango wifashisha mu gushishikariza isi yose cyane cyane abafata ibyemezo kwitabira
ibikorwa bigamije kurengera ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.
Buri mwaka, u Rwanda rwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije, ukabanzirizwa
n’Icyumweru Cyahariwe Kwita ku Bidukikije mu Rwanda. Umunsi Mpuzamahanga
w’Ibidukikije ni uburyo kandi bwo gushimangira intambwe twateye mu kurengera ibidukikije
Muri uyu mwaka wa 2014, mu Rwanda tuzizihiza ku nshuro ya 21 Icyumweru Cyahariwe Kwita
ku Bidukikije naho Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije wizihizwe ku nshuro ya 42 ku rwego
rw’isi. Kuri uwo munsi, Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) kizaboneraho
gutanga ibihembo ku bantu batsindiye “Ibihembo cy’indashyikirwa mu kwita ku bidukikije mu
mwaka wa 2013-2014” bigenewe Uturere, Imiryango Nyarwanda Itari iya Leta (NGOs),
abikorera ku giti cyabo n’amashuri.
1. Insanganyamatsiko y' Umunsi Mpuzamahanga w'Ibidukikije mu mwaka wa 2014
Insanganyamatsiko y’ Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije mu mwaka wa 2014 (WED 2014)
igira iti “Raise your voice, Not the sea level” /“Elevez Votre Voix, Pas le Niveau de la Mer”/
“Rangurura Ijwi Duhangane n’Ingaruka z’Imihindagurikire y’Ibihe, Amazi Atararenga
Inkombe”.
1
Iyi nsanganyamatsiko igamije gukangurira abantu bose kwita ku kibazo cy’imihindagurikire
y’ibihe, yugarije cyane uduhugu duto tw’ibirwa (Small Islands States) dushobora kuzarengerwa
n’inyanja bitewe no kwiyongera kw’igipimo cy’ubushyuhe butuma amazi y’inyanja azamuka.
Ukwiyongera kw’ibyuka bihumanya ikirere (greenhouse gases) gutuma igipimo rusange
cy’ubushyuhe cyiyongera (global warming ), ibyo bigatera gushonga kw’ amasimbi y’ingere
z’ubutita bityo amazi y’inyanja akazamuka akarenga inkombe. Abaturiye inkombe z’inyanja
n’ibirwa byazo nibo bibasirwa cyane n’imiyaga n’imyuzure itewe n’uko kwiyongera kw’igipimo
cy’amazi.
Nk’uko byagaragajwe n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku Mindagurikire y’ibihe (IPCC),
biteganyijweko igipimo cy’amazi y’inyanja kizarushaho kwiyongera muri iki kinyejana.
Ibikorwa bya muntu biri ku isonga mu bitera kwiyongera kw’ ibyuka bihumanya ikirere, ku
kigero gisumba ibyagaragaye mu myaka 650,000 ishize (IPCC 2007a & 2007b, World Bank 2010a).
U Rwanda, kimwe n’ibindi bihugu bya Afrika, rwugarijwe n’ingaruka z’imihindagurikire
y’ibihe. Biteganyijwe ko , (kugeza mu mwaka wa 2050), igipimo rusange cy’ubushyuhe
kizakomeza kwiyongera, ibyo bikazatera ibihe by’amapfa ndetse n’imyuzure mu gihugu cyacu.
(Raporo y’isuzuma rya 4 ryakozwe na IPCC). Niyo mpamvu u Rwanda rukwiye kongera
ubushobozi mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe (REMA, 2011).
Insanganyamatsiko y’ Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije wa 2014 (WED 2014) ni umwanya
mwiza
wo kongera gukangurira abaturarwanda inshingano bafite mu kubungabunga
ibidukikije no guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe. Abaturarwanda barasabwa
gutera intambwe mu bikorwa bigamije kugabanya ibyuka bihumanya ikirere, kugira ibidukikije
bitoshye no gufata neza umutungo kamere w’amazi, gukoresha ingufu zitabangamira
ibidukikije (Biogas, amashyiga arondereza ibicanwa,..). Abaturarwanda barakangurirwa kugira
imyitwarire n’imibereho izatuma bagira ejo hazaza hameze neza, nk’uko biri mu ihame ryo
kugabanya ibyo dukoresha (Reduce), gukoresha ibintu byisubiranya (Reuse) no gutunganya
imyanda tukayibyazamo ibindi bikoresho bidufitiye akamaro (Recycle).
2.
Ibikorwa biteganyijwe hashingiwe ku nsanganyamatsiko y’uyu mwaka
Icyumweru cyahariwe Kwita ku Bidukikije kizatangizwa tariki ya 31 Gicurasi 2014 ku munsi
w’Umuganda Rusange” uzaba mu Turere twose tw’u Rwanda. Muri icyo cyumweru, mu
mashuri makuru atandukanye, hateganyijwe ibiganiro-mpaka (debates) bijyanye n’
insanganyamatsiko y’uyu mwaka.
Ingero zikurikira zirerekana bimwe mu bikorwa biteganyijwe mu rwego kugabanya ibyuka
bihumanya ikirere no guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.

Gukangurira abantu no kubashishikariza gukoresha neza umutungo kamere kugira ngo
bagire umusaruro ku buryo burambye.
2

o Gukoresha neza amazi ( gufata amazi y’imvura, gusukura neza amazi tunywa
n’ayo dukoresha mu rugo, kuba twakongera tukayakoresha mu bindi (recycle and
reuse) gufata neza ahantu h’amanegeka, ibiyaga, imigezi n’ibishanga )
o Gukoresha ingufu zitabangamira ibidukikije (Biogas, amashyiga arondereza
ibicanwa, ingufu z’imirasire y’izuba )
Amashyamba
o Gufata neza amashyamba
o Gutera ibiti by’imbuto n’ibivangwa n’imyaka

Gutwara abantu n’ibintu
o Gushyigikira gutwara abantu mu madoka ya rusange (Bus)
o Gukoresha isuzuma (technical control) ry’imyotsi ikinyabiziga cyohereza mu kirere
o Gushyigikira kugura no kwinjiza mu gihugu imodoka zidashaje

Ubuhinzi, ubworozi no gukoresha neza ubutaka :
o Gushishikariza abantu gukoresha ifumbire y’imborera;
o Kubuza ko nta tungo na rimwe riragirwa ku gasozi;
o Kurwanya isuri
o Gufata amazi no kuhira imyaka
o Gukoresha imbuto z’indobanure zishobora guhangana n’ibihe by’amapfa

Ibikorwa remezo n’imiturire :
o Kubaka amazu n’imidugudu ashobora guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire
y’ibihe (ibiza, imyuzure, imiyaga, gufata amazi ku mazu, imirasire y’izuba
o Gufata neza ibikorwa remezo
o Inyubako zitoshye (zikoresha ingufu za kamere “umuyaga, izuba”, uburyo bwo
gufata amazi,..)
o Gukusanya no gutunganya imyanda ikabyazwamo ibindi bintu bidufitiye akamaro
Icyumweru Cyahariwe Kwita ku Bidukikije mu Rwanda kizasozwa tariki ya 5 Kamena 2014
hizihizwa Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije.
3. Abo iki gikorwa kireba.
Kwizihiza Icyumweru Cyahariwe Kwita ku Bidukikije mu Rwanda n’Umunsi Mpuzamahanga
w’Ibidukikije byateguwe na REMA kandi bizizihizwa mu Turere twose tw’Igihugu cyacu. Iki
gikorwa gihuriweho na Minisiteri zose n’ibigo bya Leta, abikorera ku giti cyabo,
amashyirahamwe nyarwanda n’imiryango mpuzamahanga, amashuri, za kaminuza ndetse
n’itangazamakuru. Bityo ibikorwa by’Icyumweru cyahariwe Kwita ku Bidukikije mu Rwanda
bireba buri muturarwanda wese n’abafatanyabikorwa bose .
3
ICYUMWERU CYAHARIWE KWITA KU BIDUKIKIJE
( tariki ya 31 Gicurasi kugeza 05 Kamena 2014)
UMUNSI MPUZAMAHANGA W’IBIDUKIKIJE (tariki ya 05 Kamena 2014)
“Rangurura Ijwi Duhangane n’Ingaruka z’Imihindagurikire y’Ibihe, Amazi Atararenga Inkombe”
“Raise your voice, Not the sea level”. /“Elevez Votre Voix, Pas le Niveau de la Mer”
GAHUNDA
Itariki
Ibikorwa biteganyijwe
31 Gicurasi 2014
Umuganda rusange wo gutangiza Icyumweru Cyahariwe Kwita ku
Bidukikije mu Turere twose tw’u Rwanda
Aho bizabera: Akarere ka Bugesera, Umurenge wa Gashora, Akagari
ka Kagomasi ku kiyaga cya Rumira /Intara y’Iburasirazuba
Gutangiza ku mugaragaro Umushinga Ugamije Guhangana n’Ingaruka
z’Imihindagurikire y’Ibihe Hashingiwe Ku Ruhare rw’Abaturage
(RV3CBA).
Ikiganiro n’abanyamakuru ku nsanganyamatsiko ya WED 2014
n’ibikorwa by’ Icyumweru Cyahariwe Kwita ku Bidukikije
2 Kamena 2014
3 Kamena 2014
3-4 Kamena 2014
5 Kamena 2014
Aho bizabera : Icyumba cy’inama /REMA , Kacyiru
Abazatanga ibiganiro: MINIRENA, REMA, RNRA, MIDMAR, Meteo
center
Ibiganiro mpaka mu mashuri makuru ku nsanganyamatsiko y’Umunsi
Mpuzamahanga w’Ibidukikije (WED 2014)
 Kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije
(ibikorwa by’umunsi bizagenwa na buri Karere)
 Ibirori byo gutanga “Ibihembo cy’indashyikirwa mu kwita ku
bidukikije mu mwaka wa 2013-2014” bigenewe Uturere, Imiryango
Nyarwanda Itari iya Leta (NGOs), abikorera ku giti cyabo n’amashuri.
Aho bizabera:
Sports View Hotel Kicukiro saa yine ( 10:00 am)
Ku bindi bisobanuro, ushobora gusura izi mbuga nkoranyambaga:
www.rema.gov.rw
4

Podobne dokumenty